BREAKING

Imikino

Mugisha Bonheur yasinyiye Al-Hazem yo muri Saudi Arabia

Umukinnyi wo hagati mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Mugisha Bonheur, yamaze kwerekeza muri Al-Hazem Saudi Club, ikipe ikina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Saudi Arabia, nyuma yo gutandukana na Al Masyr yo mu Misiri.

Ikipe ya Al-Hazem yatangaje ku wa 2 Kanama 2026 ko yamaze gusinyisha uyu Munyarwanda, uzayifasha mu mwaka w’imikino wa 2026/27.

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga buherekejwe n’amashusho agaragaza bimwe mu bihe byaranze umwuga wa Mugisha Bonheur, Al-Hazem yagize iti:

“Bonheur Mugisha yatangiye urugendo rwo kwiyemeza muri byose.”

Mugisha Bonheur, ufite imyaka 26, yerekeje muri Al-Hazem avuye muri Al Masyr yo mu Misiri, yari amazemo umwaka umwe nyuma yo kuyigeramo avuye muri Stade Tunisien yo muri Tunisia.

Urugendo rw’uyu mukinnyi hanze y’u Rwanda rwatangiye mu 2023, ubwo yavaga muri APR FC akerekeza muri Al Ahli SC Tripoli yo muri Libya. Nyuma yaho yagiye muri AS Marsa, mbere yo gukomereza muri Stade Tunisien no muri Al Masyr, aho yakomeje kwitwara neza kugeza abonye amahirwe yo kwerekeza muri Saudi Arabia.

Mugisha, abakunzi b’umupira w’amaguru bakunze kwita “Casemiro” kubera imikinire ye yo hagati mu kibuga, agiye gukina muri shampiyona ibarizwamo bamwe mu bakinnyi bakomeye ku Isi, barimo Cristiano Ronaldo, Karim Benzema, Sadio Mané, Rúben Neves, Kalidou Koulibaly na Sergej Milinković-Savić.

Al-Hazem yamaze guha Mugisha Bonheur nimero 17, ari na yo azambara muri shampiyona. Biteganyijwe ko azatangira imyiteguro y’umwaka mushya w’imikino hamwe na bagenzi be mbere y’umukino wa mbere wa shampiyona, uzabahuza na Abha Club ku wa 13 Kanama 2026.

Kwimurirwa muri Al-Hazem ni indi ntambwe ikomeye mu mwuga wa Mugisha Bonheur, ndetse bikomeza kugaragaza uburyo abakinnyi b’Abanyarwanda bagenda babona amahirwe yo gukina muri shampiyona zikomeye ku rwego mpuzamahanga

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts