Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abahungu batarengeje imyaka 18 mu mukino wa Basketball yegukanye itike yo kuzakina FIBA U18 AfroBasket 2026, nyuma yo gutsinda Uganda amanota 70-65 mu mukino wa ½ w’amajonjora ya Zone 5 wabereye i Cairo ku wa 28 Nyakanga 2026.
Uyu mukino watangiye u Rwanda rwigaragaza neza, rwatsinze agace ka mbere ku manota 17-13, mbere yo gukomeza kwitwara neza mu gace ka kabiri karangiye ruyoboye umukino n’amanota 38-23.
Mu gace ka gatatu, Uganda yagarutse mu mukino ifite imbaraga nyinshi, itsinda amanota 27-4, bituma igabanya ikinyuranyo ndetse ishyira igitutu gikomeye ku Rwanda mbere y’agace ka nyuma.
Mu minota ya nyuma y’umukino, amakipe yombi yakomeje gusimburana mu gutsinda kugeza iminota 40 isanzwe irangiye anganya amanota 59-59, bituma hiyambazwa iminota itanu y’inyongera.
Mu nyongera, Ingimbi z’u Rwanda zagaragaje ubukure n’ituze, zitsinda amanota 11-6, zibona intsinzi ya 70-65 ndetse zinabona itike yo kuzitabira Igikombe cya Afurika.
Umunyarwanda Ngabonziza Hugo Victor ni we wabaye umukinnyi watsinze amanota menshi muri uyu mukino, aho yinjije amanota 25, mu gihe Shammah Kwizera wa Uganda yatsinze amanota 20.
Ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa uteganyijwe ku wa Gatatu, u Rwanda ruzacakirana n’ikipe izava hagati ya Misiri na Sudani y’Epfo, mu gihe kuba rwarageze ku mukino wa nyuma byahise biruhesha itike yo kuzahagararira Akarere ka Zone 5 muri FIBA U18 AfroBasket 2026.
Mu cyiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 18, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda na yo yari itegerejwe gukina umukino wa ½ na Kenya guhera Saa Moya z’umugoroba.
Irushanwa rya FIBA U18 AfroBasket 2026 rizabera i Abidjan kuva ku wa 5 kugeza ku wa 16 Kanama 2026, rihuza amakipe yitwaye neza ku Mugabane wa Afurika.












