Rayon Sports ihagarariye u Rwanda muri CAF Confederation Cup yakuye inota rimwe muri Cameroun, nyuma yo kunganya na Panthère Sportive du Ndé igitego 1-1 mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze.
Uyu mukino wabereye kuri Ahmadou Ahidjo Stadium i Yaoundé muri Cameroun ku wa Gatanu, tariki ya 4 Nzeri 2026, ukinwa imbere y’abafana bake ugereranyije n’ubushobozi bw’iyi stade yakira abarenga 42,500.
Panthère Sportive du Ndé yatangiye umukino isatira cyane, maze ibona igitego hakiri kare ku munota wa 13. Valentin Beo Batto ni we watsinze iki gitego nyuma yo guhabwa umupira na Cho Maxwell Mbuyan, wari umaze kuwushyira ku mutwe awuvanye muri koruneri.
Rayon Sports yagerageje kwishyura igitego mbere y’uko igice cya mbere kirangira, ariko coup-franc yatewe na Iradukunda Elie Tatou ikurwamo n’umunyezamu wa Panthère Sportive du Ndé, Nomo Onguene.
Mu gice cya mbere, Panthère Sportive du Ndé yarushije Rayon Sports mu gusatira, aho yateye amashoti arindwi agana mu izamu, mu gihe Rayon Sports yagerageje ane.
Mu ntangiriro z’igice cya kabiri, umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis Christian, yakoze impinduka akuramo Nisingizwe Christian, ashyiramo Ibrahim Mansour Djingarey.
Iyi mpinduka yafashije Rayon Sports kongera imbaraga hagati mu kibuga no gutangira kugera kenshi imbere y’izamu ry’ikipe yo muri Cameroun.
Ku munota wa 71, Rayon Sports yongeye gukora impinduka, Atisso Kossivi Antonio Kodjo na Iradukunda Elie Tatou basimburwa na Muhoza Daniel na Tuyizere Mubaraka.
Ku munota wa 80, Muhoza Daniel yateye ishoti rikomeye umunyezamu Nomo Onguene arikuramo, ariko rutahizamu wa Rayon Sports, Junior Kameni, ahita asongamo umupira awushyira mu izamu, atsindira Gikundiro igitego cyo kwishyura.
Rayon Sports yakomeje gusatira mu minota ya nyuma, ariko amakipe yombi aza kurangiza umukino anganya 1-1.
Iri nota rimwe ni impamba Rayon Sports izajyana mu mukino wo kwishyura uzabera i Kigali ku wa 12 Nzeri 2026, aho izaba ishaka gutsindira Panthère Sportive du Ndé imbere y’abafana bayo no gukomeza mu cyiciro gikurikira cya CAF Confederation Cup.
Ku ruhande rw’abakinnyi, Issa Djiguiba ntabwo yari yemerewe gukina uyu mukino, kuko atari ku rutonde rwa CAF rw’abakinnyi bemerewe gukina nyuma yo kuva muri AS Real Bamako.










