APR FC yatsinzwe na Les Aigles du Congo igitego 1-0 mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League, bituma izakenera gutsindira i Kigali kugira ngo ikomeze muri iri rushanwa.
Uyu mukino wabereye kuri Frédéric Kibassa Maliba Stadium i Lubumbashi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku Cyumweru, tariki ya 6 Nzeri 2026, ukinwa nta bafana bari muri stade.
Les Aigles du Congo ni yo yatangiye umukino neza, maze igitego rukumbi gitsindwa na Sozé Zemanga ku munota wa 45 w’igice cya mbere.
APR FC kandi yatakaje umukinnyi utazayifasha mu mukino wo kwishyura, nyuma y’uko Ronald Ssekiganda yeretswe ikarita itukura nyuma y’umukino, ubwo yashyamiranaga n’abasifuzi.
Nyuma y’umukino, APR FC yahise isubira mu Rwanda gutegura umukino wo kwishyura uzabera kuri Stade Amahoro i Kigali ku wa Gatanu, tariki ya 11 Nzeri 2026, saa Cyenda.
APR FC irasabwa gutsinda nibura ibitego bibiri kugira ngo ikomeze, mu gihe ikeneye kwitondera cyane kutinjizwa igitego ku kibuga iwayo.
Ikipe izakomeza hagati ya APR FC na Les Aigles du Congo izahura n’izakomeza hagati ya Zamalek SC yo mu Misiri na AS Port yo muri Djibouti mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League, rizakinwa mu Ukwakira 2026.











