Ademola Lookman ukinira Atalanta yo mu Butaliyani n’ ikipe y’ igihugu ya Nigeria ni we wegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umunyafurika mu mwaka wa 2024.

Uyu rutahizamu yatangarijwe mu muhango wo gutanga ibihembo ku bakninnyi, abatoza n’ amakipe bahize abandi ku bakomoka kuri uyu mugabane w’ Afurika wabereye mu gihugu cya Maroc mu ijoro ryakeye.

Ademola Lookman yegukanye iki gihembo ku nshuro ya mbere, nyuma yo kugira umwaka mwiza cyane mu Ikipe ya Atalanta yahesheje Europa League ndetse no kwitwara neza muri Shampiyona y’u Butaliyani muri rusange.
Muri uyu muhango kandi hahembwe umunyazambiyakazi Barbra Banda ukinira Orlando Pride yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’ umugore wahize abandi kuri uyu mugabane muri ruhago mu mwaka wa 2024.

Uko ibihembo bitandukanye byatanzwe n’ababitwaye:
Mu bakina imbere muri Afurika, umukinnyi mwiza yabaye Ronwen Williams, Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ya Afurika y’Epfo na Mamelodi Sundowns. Na ho mu bagore iki gihembo cyahawe Sanaa Mssoudy wa FAR Rabat na Maroc .

Umunyezamu mwiza w’umwaka yabaye Ronwen Williams wa Mamelodi Sundowans n’Ikipe y’ Igihugu ya Afurika y’Epfo, wigaragaje cyane mu Gikombe cya Afurika ndetse wari no mu bahataniye igihembo cy’ umunyezamu mwiza muri Ballon d’Or 2024.
Mu bakinnyi bakiri bato, Umunya-Sénégal Lamine Camara yongeye kuba umwiza w’umwaka, mu gihe Umunya-Maroc, Doha El Madani yamubaye mu bagore.
Umutoza w’umwaka yabaye Émerse Faé w’Ikipe y’Igihugu ya Côte d’Ivoire nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika nyamara yarahawe ikipe hagati mu irushanwa.
Iyi kipe kandi ni yo yabaye iy’ umwaka mu bagabo, Nigeria iba inziza mu bagore. Mu makipe (club), Al Ahly SC yo mu Misiri ni yo yabaye iy’umwaka mu bagabo, TP Mazembe iba iyitwaye neza mu bagore.










