BREAKING

Imikino

Les Aigles du Congo yageze i Kigali guhura na APR FC

Ikipe ya Les Aigles du Congo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yageze i Kigali kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Nzeri 2026, aho ifite umukino wo kwishyura uyihuza na APR FC mu ijonjora rya CAF Champions League.

Iyi kipe yahagurutse i Lubumbashi mu gitondo, ikora urugendo rw’isaha imwe n’iminota 34, mbere yo kugera ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali.

Les Aigles du Congo yaje mu ndege yayo yihariye ya Ethiopian Airlines, ndetse yitwaje ibikoresho, ibyo kurya n’ibyo kunywa izakenera mu gihe izamara mu Rwanda.

Umukino wa APR FC na Les Aigles du Congo urabera kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatanu, guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Bruno Ferry, wahoze ari umutoza wa Rayon Sports akaba yungirije umutoza mukururu wa  Les Aigles du Congo, yavuze ko bazi APR FC kandi ko biteguye umukino ukomeye.

Ati: “Ni umukino ukomeye. Turabizi ko stade iza kuba irimo abantu benshi. Baraza kudusatira cyane, ariko natwe turashaka gutsinda.”

Les Aigles du Congo yatsinze APR FC igitego 1-0 mu mukino ubanza wabereye muri RDC. APR FC irasabwa gutsinda kugira ngo ikomeze muri iri rushanwa.

Ikipe izakomeza hagati ya APR FC na Les Aigles du Congo izahura n’izatsinda hagati ya Zamalek SC yo mu Misiri na AS Port yo muri Djibouti. Zamalek yatsinze AS Port ibitego 2-1 mu mukino ubanza.

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts