Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filime Clapton Kibonge amaze iminsi i Paris mu Bufaransa, aho yitabiriye iserukiramuco rya filime rya Off Courts Festival, anahakorera filime yise Identity.
Clapton Kibonge yatangaje ko urugendo rwe mu Bufaransa rwari rugamije ibintu bibiri; kwitabira iri serukiramuco no gukorerayo filime.
Identity yakozwe ku bufatanye n’abanyamwuga bo mu Bufaransa, ndetse yamaze gutunganywa inerekanwa muri iri serukiramuco ryabereye i Paris kuva ku wa 6 kugeza ku wa 11 Nzeri 2026.
Undi Munyarwanda witabiriye iri serukiramuco ni Tresor Senga, umuyobozi wa Mashariki Film Festival, na we wamuritse filime ye I Wanna Go Back Home, yakoreye i Paris.
Clapton Kibonge yavuze ko gukorera filime mu Bufaransa no kuyimurikira muri iri serukiramuco byamuhaye amahirwe yo kunguka ubumenyi n’ubunararibonye bushya mu bijyanye na sinema.
Yavuze ko nyuma yo kugaruka i Kigali ari bwo azamenya niba Identity izanererekanwa mu Rwanda.










