BREAKING

AmakuruImikino

Rayon Sports yegukanye CECAFA Kagame Cup 2026

Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya CECAFA Kagame Cup 2026, nyuma yo gutsinda Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 2-1 mu mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 7 Kanama 2026.

Umukino watangiye ku isaha ya saa Kumi n’Ebyiri, aho Gor Mahia yatangiye isatira cyane, ikoresheje abakinnyi bayo barimo Sabuni Sirengo.

Ku munota wa karindwi, Rayon Sports yabonye coup franc yatewe neza na Iradukunda Elia Tatou, ariko ba myugariro ba Gor Mahia bayishyira muri koroneri itagize icyo itanga.

Ku munota wa 18, Sharrif Sabuni Sirengo yagerageje ishoti rikomeye ari inyuma y’urubuga rw’amahina, ariko umupira unyura ku ruhande rw’izamu.

Rayon Sports ni yo yafunguye amazamu

Ku munota wa 28, Rayon Sports yafunguye amazamu ku mupira wahinduwe na Nshimiyimana Emmanuel Kabange, usanga Iradukunda Elia Tatou awushyira kwa Kameni Junior, na we awushyira mu izamu.

Gor Mahia yakomeje gushaka uko yishyura, ariko igice cya mbere kirangira Rayon Sports ikiyoboye n’igitego kimwe ku busa.

Mu gice cya kabiri, impande zombi zakomeje gukina zishaka igitego cy’intsinzi.

Ku munota wa 52, Gor Mahia yakoze impinduka eshatu, havamo Paul Ochuoga, Paul Okoth na Ebenezer Adu-Kwaw, hinjiramo Othieno Onyona, Ebenezer Assifuah na Stanley Omondi.

Nyuma y’iminota ibiri gusa, ku munota wa 54, Gor Mahia yabonye igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na Sabuni Odhiambo Sharriff, wari umaze igihe ashaka uburyo yafungura amazamu.

Rayon Sports na yo yahise ikora impinduka, havamo Iradukunda Elia Tatou, hinjiramo Muhoza Daniel.

Amakipe yombi yakomeje gushaka igitego cy’intsinzi, ariko iminota 90 y’umukino irangira anganya igitego 1-1, bituma hongerwaho iminota 30 y’inyongera.

Muhoza Daniel yatsindiye Rayon Sports igitego cy’amateka

Rayon Sports ntiyatinze kongera kuyobora umukino. Ku munota wa 92, Muhoza Daniel yatsindiye Rayon Sports igitego cya kabiri.

Yahawe umupira na Tambwe Gloire, awutera neza ari mu kirere maze uruhukira mu nshundura, Rayon Sports ihita yongera kuyobora umukino ku bitego 2-1.

Umukino warangiye Rayon Sports itsinze Gor Mahia ibitego 2-1, ihita yegukana igikombe cya CECAFA Kagame Cup 2026.

Iki ni igikombe Rayon Sports yari imaze imyaka myinshi itegereje, kuko yari iheruka kucyegukana mu mwaka wa 1998, ubwo yagikuraga muri Zanzibar.

Kuri iyi nshuro, Murera yongeye kwandika amateka imbere y’abafana bayo, yegukana igikombe cya CECAFA Kagame Cup ku butaka bw’u Rwanda.

Rayon Sports yegukanye CECAFA Kagame Cup 2026 itsinze Gor Mahia 2-1

Minisitiri w’ Intebe Dr. Justin Nsengiyumva ni we washyikirije igikombe Rayon Sports

Niyonzima Haruna wegukanye CECAFA Kagame Cup ni we winjiranye igikombe

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts