Mukura VS yandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) igaragaza ko abasifuzi bayirenganyije, ikimwa igitego mu mukino w’Umunsi wa 33 wa BK Pro League 2025/26.
Ku Cyumweru, tariki ya 25 Gicurasi 2026, ni bwo kuri Stade y’Akarere ka Gicumbi habereye umukino wa mbere kuva yavugururwa, wahuje Gicumbi FC na Mukura VS.
Ikipe yo mu Karere ka Huye yabanje gutsinda ibitego bibiri mu minota 25 ya mbere, ariko Ikipe yo mu Karere ka Gicumbi iva inyuma irabyishyura ndetse irenzaho n’ikindi kimwe.
Muri uyu mukino, Mukura VS yabonye coup-franc ariko ikubita umutambiko w’izamu uramanuka ugwa mu murongo w’izamu, ariko usanga Mutsinzi Patrick ahagaze neza asobyamo.
Ndiyasaba Saidi Hamiss wari umusifuzi wungirije wo ku ruhande, yamanitse igitambaro avuga ko yashyize umupira mu izamu yarariye, ibyahesheje intsinzi Gicumbi FC. Abandi basifuye kuri uyu mukino ni Akingeneye Hisham wari hagati, Ndayisaba Saidi wari ku ruhande na Roberto Muhaweyezu.
Iyi kipe yo mu Karere ka Huye yahise itanga ikirego muri FERWAFA, isaba ubutabera kuri uyu mukino yari yatakarijeho amanota atatu.
Iki cyabaye ikirego cya gatanu iyi kipe itanze muri uyu mwaka w’imikino. Yareze abasifuzi kuri APR FC isaba ibisobanuro ku kwimwa penaliti ku ikosa ryakorewe rutahizamu Destin Malanda, kudahabwa ikarita itukura kwa Niyigena Clément, no kwimwa igitego cya Boateng Mensah mu minota ya nyuma.
Mukura VS yareze abayisifuriye ku mukino wa Rayon Sports, irega abayisifuriye ikina na AS Muhanga, irega abayisifuriye ikina na Rutsiro FC, yongera no kurega kuri Ishimwe Abdoul wayivuyemo akajya muri APR FC yari intizanyo ya Intare FC.
Mukura VS iri ku mwanya wa karindwi n’amanota 46 ku rutonde rwa BK Pro League nyuma y’imikino 33 imaze gukinwa. Isigaje umukino umwe uzayihuza n’Amagaju FC.










