BREAKING

AmakuruImikino

Paul Kagame yakurikiye itangizwa ry’ irushanwa rya CAVB Men’s Club Championship

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakurikiye umukino wa mbere w’irushanwa rya CAVB Men’s Club Championship 2026, aho ikipe ya APR VC yatangiye neza itsinda Black Rhinos amaseti 3-0.

Iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane wa Afurika muri Volleyball, ryatangiye ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 22 Mata 2026, ribera muri BK Arena.

Ibirori by’itangizwa byasusurukije abitabiriye

Ibirori byo gutangiza iri rushanwa byaranzwe n’imyidagaduro itandukanye, aho abahanga mu kuvanga imiziki, NEP DJs na DJ Crush, basusurukije abitabiriye mbere y’uko herekanwa amabendera y’ibihugu 15 byitabiriye.

Ibi bihugu bihagarariwe n’amakipe 24, arimo ane yo mu Rwanda, byose bigiye guhatana muri iri rushanwa rimara iminsi 10.

“Igikombe kigomba kuguma mu Rwanda” – Perezida wa FRVB

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB), Ngarambe Raphaël, yasabye Abanyarwanda gushyigikira amakipe yabo.

Yagize ati: “Iki gikombe cyageze hano, ntikizave hano. Turabasaba ubufatanye bwanyu. Abakinnyi bariteguye kandi bafashijwe na Minisiteri ya Siporo na Guverinoma. Iki gikombe kigomba kuguma aha.”

Guverinoma y’u Rwanda yakiriye neza abashyitsi

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatanze ikaze ku bitabiriye iri rushanwa, by’umwihariko amakipe yavuye hanze y’u Rwanda.

Yagize ati: “Murakaza neza i Kigali. Tunejejwe no kuba u Rwanda rwakiriye iri rushanwa rikomeye. Ibi bigaragaza icyerekezo cyacu cyo kuba igicumbi cy’ibikorwa bikomeye, harimo na siporo.”

Yakomeje avuga ko iri rushanwa rizafasha guhuza ibihugu bya Afurika binyuze muri Volleyball no guteza imbere ubufatanye.

Afurika iri kuzamuka muri Volleyball

Visi Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umukino wa Volleyball muri Afurika (CAVB), Louis Rwakiranya, yagaragaje ko Afurika iri kuzamuka cyane muri uyu mukino.

Yagize ati: “Afurika si iyo kwitabira gusa, ahubwo iri mu bafite urwego rukomeye ku Isi muri Volleyball.”

APR VC itangira neza itsinda Black Rhinos

Mu mukino wa mbere w’iri rushanwa, ikipe ya APR VC yari imbere y’abafana bayo, yitwaye neza itsinda Black Rhinos yo muri Zimbabwe amaseti 3-0.

APR VC yatsinze:

  • Siti ya mbere: 25-18
  • Siti ya kabiri: 25-10
  • Siti ya gatatu: 25-11

Ni intangiriro nziza ku ikipe ihagarariye u Rwanda, itanga icyizere ku bafana ko ishobora kugera kure muri iri rushanwa.

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts