Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryemeye kuvana ingabo zaryo mu mujyi wa Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, rivuga ko iki cyemezo ari intambwe yo kubaka icyizere no gushyigikira ibiganiro by’amahoro.
Mu itangazo ryasohotse ku wa 15 Ukuboza 2025, rishyizweho umukono n’umuhuzabikorwa wayo Corneille Nangaa Yobeluo, AFC/M23 yavuze ko iki cyemezo gishingiye ku ntambwe imaze guterwa mu biganiro bya Doha, cyane cyane isinywa ry’amahame shingiro ya Doha yo ku wa 15 Ugushyingo 2025.
Iryo tangazo rivuga ko uku kurekura Uvira kwemewe bisabwe n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bugamije gushakira umuti urambye amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Congo.
Itangazo ryashyizwe hanze na AFC/M23










