Ousmane Sonko uherutse gukurwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe wa Sénégal, yatorewe kuyobora Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu kuri uyu wa 26 Gicurasi 2026.
Uyu munyapolitiki yari amaze iminsi mike avuye muri Guverinoma nyuma yo guhagarikwa ku nshingano na Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, tariki ya 22 Gicurasi 2026.
Nyuma yo gukurwa muri Guverinoma, Sonko yahise aca amarenga ko ashobora gusubira muri Inteko Ishinga Amategeko. Tariki ya 24 Gicurasi, uwari Perezida w’Inteko, El Malick Ndiaye, yeguye ku mirimo ye kugira ngo aharurire inzira Sonko basanzwe bafitanye ubucuti bwa hafi mu ishyaka PASTEF.
Kuri uyu wa 26 Gicurasi, Inteko ya Sénégal yongeye gutora Sonko nk’umudepite mbere yo kumugira umukandida rukumbi ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko.
Mu matora yabaye nyuma, Sonko yagize amajwi 132 mu badepite 133 batoye, ibintu byagaragaje uburyo afite igikundiro gikomeye muri iyi Nteko.
Amajwi akimara gutangazwa, abadepite bahise bahaguruka bamukomera amashyi ndetse bamuririmbira mu rwego rwo kugaragaza ko bamushyigikiye.

Sonko agarutse muri Inteko nyuma y’uko ku wa 25 Gicurasi 2026 Perezida Faye yari yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, Ahamadou Alhaminou Mohamed Lô.
Mu minsi yashize, Perezida Faye na Sonko bari bamaze igihe bagaragaza kutavuga rumwe ku miyoborere y’igihugu, ibintu byatumye benshi batangira kuvuga ko umwuka mubi ushobora gukomeza hagati yabo.
Abasesenguzi ba politiki ya Sénégal bavuga ko Sonko ashobora gukoresha umwanya mushya yatorewe mu kugira ijambo rikomeye ku miyoborere y’igihugu ndetse no kunaniza Guverinoma ya Perezida Faye binyuze mu Nteko Ishinga Amategeko, cyane ko abadepite benshi bayigize bamushyigikiye.









