BREAKING

Imikino

Ikipe za APR Volley Ball mu bagabo no mu bagore zatwaye ZONE V

APR WVC na APR VC zegukanye igikombe cy’Irushanwa ry’amakipe yo mu Karere ka Gatanu (Zone V) rizwi nka ‘CAVB Club Championship 2025’, ryakinirwaga mu mujyi wa Kampala, muri Uganda.

Mu ijoro ryo ku wa bere, tariki 3 Werurwe 2025, ni bwo habaye imikino ya nyuma, uwabimburiye indi uba uw’abagore, ubwo APR WVC yakinaga na Kenya Pipeline WVC.

APR WVC yatwaye Zone V

APR WVC yageze ku mukino wa nyuma nyuma yo gutsinda KCB WVC yo muri Uganda amaseti 3-0, mu gihe Kenya Pipeline WVC yahageze yakuyemo Sport-S na yo yatsinze amaseti 3-0.

Umukino wahuje amakipe yombi wari ukomeye cyane, ndetse iseti ya mbere ntiyahira ikipe y’Ingabo z’u Rwanda kuko yatsinzwe amanota 25-20. Iya kabiri yayinjije mu mukino neza iyegukana itsinze 17-25.

Abagize ikipe ya APR WVC yatwaye igikombe cya Zone V

Amaseti abiri ya nyuma ni yo yari ingorabahizi muri uyu mukino kuko Kenya Pipeline WVC yifuzaga kugaruka, ariko iya gatatu irangira ari amanota 24-26, mu gihe iya kane yo yabaye amanota 23-25. Umukino warangiye APR WVC itsinze amaseti 3-1.

Iyi kipe y’ ingabo z’ igihugu yitwaye neza

Amakipe yo mu Rwanda yihariye iyi mikino. Hahise hakurikiraho uwahuje APR VC na Police VC, dore ko aya makipe yombi anamenyeranye muri Shampiyona y’u Rwanda ya Volleyball.

Ni amakipe asanzwe anahangana bikomeye imbere mu gihugu

Iseti ya mbere amakipe yombi yagaragaje inyota yo gutsinda, ariko APR VC iba ari yo yegukana iseti ibanza ku manota 26-24. Iya kabiri yegukanywe n’ikipe ya Polisi y’u Rwanda ku manota 25-19.

APR VC yatwaye Zone V itsinze Police VC na yo yo mu Rwanda ku mukino wa nyuma

Izindi zose zatwawe n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu yatsinze amanota 25-18 ku iseti ya gatatu, ndetse na 25-21 ku ya kane. Yahise yegukana iki gikombe icyambura Police VC yagitwaye umwaka ushize yifuzaga kucyisubiza.

Irushanwa rya CAVB Club Championship 2025, ryahuje amakipe yo mu bihugu bitandukanye byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, aho kuri iyi nshuro hitabiriye amakipe yo muri Uganda yakiriye imikino, Tanzania, Kenya, Burundi na Sudani y’Epfo.

 

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts