BREAKING

Imikino

Uwikunda Samuel yahawe gusifurira Kaizer Chiefs vs Zamalek

Uwikunda Samuel, umwe mu basifuzi mpuzamahanga b’Abanyarwanda bafite izina rikomeye muri Afurika, yahawe umukino ukomeye wo mu matsinda ya CAF Confederation Cup uzahuza Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo na Zamalek SC yo mu Misiri.

Ni umukino uteganyijwe ku wa 29 Ugushyingo 2025 kuri Peter Mokaba Stadium, umwe mu yitezwe cyane muri iri rushanwa bitewe n’amateka y’aya makipe yombi

Guhera tariki 22 Ugushyingo 2025, CAF izatangiza imikino y’amatsinda ya CAF Confederation Cup, aho amakipe akomeye muri Afurika azatangira urugendo rwo gushaka itike yo kugera mu mikino ya nyuma.

Kaizer Chiefs, n’ubwo yazahajwe n’imvune z’abakinnyi barimo Ntwari Fiacre, izabanza gucakirana na Al Masry SC yo mu Misiri ku wa 23 Ugushyingo 2025. Iyi kipe nayo ikinamo undi Munyarwanda, Mugisha Bonheur.

Uwikunda Samuel akomeje kubaka izina mu marushanwa akomeye

CAF yatangaje urutonde rw’abasifuzi bazayobora imikino y’amatsinda, harimo Uwikunda Samuel, umaze igihe agaragaza ubunararibonye mu mikino ikomeye yo ku rwego rwa Afurika.

Si ubwa mbere ahawe umukino w’amakipe akomeye yo muri Afurika y’Epfo n’u Misiri. Kuko nko muri Mata 2025, Uwikunda yayoboye umukino wa ¼ cya CAF Champions League wahuje Al Ahly yo mu Misiri na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo.

Ategerejwe muri AFCON 2025 yabereye muri Maroc

Uwikunda kandi ari mu basifuzi CAF yatangaje ko bazasifura Igikombe cya Afurika 2025 kizabera muri Maroc kuva kuwa 21 Ukuboza 2025 kugeza kuwa 18 Mutarama 2026.

Azaba abaye Umunyarwanda wa mbere usifuye AFCON inshuro ebyiri, nyuma yo kubikora bwa mbere mu 2023.

 

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts