BREAKING

Imikino

Umutoza wa Apr fc Taleb yashimagije Umukinnyi we

 Taleb Abderrahim,Umutoza mukuru wa Apr fc yatangaje ko yishimiye cyane intsinzi y’ibitego 2-0 bakuye kuri Gasogi United, anagaruka by’umwihariko ku ruhare rwa rutahizamu Cheikh Djibril Ouattara wafunguye amazamu muri uyu mukino w’umunsi wa 12 wa Shampiyona.
Ni umukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ku wa Gatandatu, aho APR FC yasabwaga gutsinda kugira ngo yisubize umwanya wa kabiri, inakomeze kotsa igitutu Police FC iyoboye urutonde.
Mu kiganiro n’itangazamakuru nyuma y’umukino, Taleb yavuze ko uyu mukino wari ukomeye nk’uko bari babyiteguye, kuko Gasogi United ari ikipe nziza kandi ikunze kubagora.
Yagize ati “Mbere na mbere, twishimiye iyi ntsinzi. Twari twiteguye neza uyu mukino kuko twari tuzi ko utaza kuba woroshye. Gasogi United ni ikipe nziza, ifite abakinnyi beza kandi bahora batugora.”
Muri uyu mukino, rutahizamu Cheikh Djibril Ouattara ni we wabaye Umukinnyi w’Umukino (Man of the Match), nyuma yo gutsinda igitego cya mbere ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina, ndetse akagora cyane ubwugarizi bwa Gasogi United.
Umutoza Taleb Abderrahim yavuze ko yishimiye cyane uyu musaruro wa Ouattara, ashimangira ko ari ingenzi ku mukinnyi nka we kubona ibitego.
Umutoza wa APR FC yasoje avuga ko aya manota atatu ari ingenzi cyane kugira ngo bagume mu myanya y’imbere, ndetse ko bagiye guhita batangira kwitegura umukino utaha kuko urugamba rwa shampiyona rukomeje gukomera.
Gutsinda uyu mukino byafashije APR FC kugira amanota 23, ifata umwanya wa kabiri aho irushwa amanota atandatu na Police FC ya mbere, ariko APR ikaba igifite imikino itarakina.

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts