BREAKING

Imikino

Achraf Hakimi yegukanye igihembo cy’Umukinnyi Mwiza w’Umunyafurika 2025

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ya Maroc akanakina Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, Achraf Hakimi, yegukanye igihembo cy’Umukinnyi Mwiza w’Umunyafurika (CAF African Player of the Year) mu mwaka wa 2025.

Ni mu birori byateguwe n’impuzamashyirahamwe rya ruhago muri Afurika (CAF Awards 2025), byabereye muri Maroc mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, tariki 19 Ugushyingo 2025.

Hakimi yegukanye iki gihembo ku nshuro ye ya mbere mu mateka ye, nyuma y’umwaka mwiza yagiriye muri Paris Saint-Germain, ayifasha kwegukana UEFA Champions League, Shampiyona y’u Bufaransa, ndetse no kwitwara neza mu ikipe y’Igihugu ya Maroc.

Achiraf Hakimi yabaye umukinnyi mwiza w’Umunyafurika

Uyu myugariro w’imyaka 27 yiyongereye ku rutonde rw’ibindi byamamare byatwaye iki gihembo barimo Yaya Touré (inshuro 4), Samuel Eto’o (inshuro 4), mu gihe El Hadji Diouf, Nwankwo Kanu, Didier Drogba, Mohamed Salah na Sadio Mané bagitwaye inshuro ebyiri. Hari kandi Pierre-Emerick Aubameyang, Victor Osimhen na Ademola Lookman bagitwaye inshuro imwe.

Mu cyiciro cy’abagore, igihembo cy’Umukinnyi Mwiza cyegukanywe n’Umunya-Maroc Ghizlane Chebbak, ukinira Al Hilal SFC yo muri Arabia Saoudite.

Urutonde rw’ibindi bihembo byatanzwe muri CAF Awards 2025

Umukinnyi Mwiza ukinira muri Afurika (Based in Africa):

Fiston Kalala Mayele – Rutahizamu wa Pyramids FC na RDC.

Fiston Mayele wa Pyramids FC yabaye umukinnyi w’umwaka mu bakina muri Afurika

Umunyezamu Mwiza w’umwaka:

Yassine Bounou (Al Hilal & Maroc) – mu bagabo

Yassine Bounou yabaye umunyezamu mwiza w’umwaka

Chiamaka Nnadozie (Nigeria) – mu bagore, yegukanye iki gihembo ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.

Umunya-Nigeria, Chiamaka Nnadozie yabaye umunyezamu mwiza w’umwaka ku nshuro ya gatatu yikurikiranya

Umukinnyi mwiza ukiri muto:

Othmane Maama (Maroc) – mu bagabo

Doha El Madani (Maroc) – mu bagore.

Umunya-Maroc Othmane Maama yabaye umukinnyi mwiza ukiri muto

Umutoza mwiza w’umwaka:

Bubista – Umutoza wa Cap-Vert, nyuma yo gufasha igihugu kubona itike y’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya mbere mu mateka.

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Cap-Vert, Bubista yahize abandi

Ikipe y’igihugu y’umwaka:

Maroc U20 – mu bagabo

Nigeria – mu bagore.

Ikipe (Club) y’umwaka:

Pyramids FC yo mu Misiri – mu bagabo.

Abegukanye ibihembo n’abayobozi bafashe ifoto

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts