Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ya Maroc akanakina Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, Achraf Hakimi, yegukanye igihembo cy’Umukinnyi Mwiza w’Umunyafurika (CAF African Player of the Year) mu mwaka wa 2025.
Ni mu birori byateguwe n’impuzamashyirahamwe rya ruhago muri Afurika (CAF Awards 2025), byabereye muri Maroc mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, tariki 19 Ugushyingo 2025.
Hakimi yegukanye iki gihembo ku nshuro ye ya mbere mu mateka ye, nyuma y’umwaka mwiza yagiriye muri Paris Saint-Germain, ayifasha kwegukana UEFA Champions League, Shampiyona y’u Bufaransa, ndetse no kwitwara neza mu ikipe y’Igihugu ya Maroc.

Uyu myugariro w’imyaka 27 yiyongereye ku rutonde rw’ibindi byamamare byatwaye iki gihembo barimo Yaya Touré (inshuro 4), Samuel Eto’o (inshuro 4), mu gihe El Hadji Diouf, Nwankwo Kanu, Didier Drogba, Mohamed Salah na Sadio Mané bagitwaye inshuro ebyiri. Hari kandi Pierre-Emerick Aubameyang, Victor Osimhen na Ademola Lookman bagitwaye inshuro imwe.

Mu cyiciro cy’abagore, igihembo cy’Umukinnyi Mwiza cyegukanywe n’Umunya-Maroc Ghizlane Chebbak, ukinira Al Hilal SFC yo muri Arabia Saoudite.
Urutonde rw’ibindi bihembo byatanzwe muri CAF Awards 2025
Umukinnyi Mwiza ukinira muri Afurika (Based in Africa):
Fiston Kalala Mayele – Rutahizamu wa Pyramids FC na RDC.

Umunyezamu Mwiza w’umwaka:
Yassine Bounou (Al Hilal & Maroc) – mu bagabo

Chiamaka Nnadozie (Nigeria) – mu bagore, yegukanye iki gihembo ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.

Umukinnyi mwiza ukiri muto:
Othmane Maama (Maroc) – mu bagabo
Doha El Madani (Maroc) – mu bagore.

Umutoza mwiza w’umwaka:
Bubista – Umutoza wa Cap-Vert, nyuma yo gufasha igihugu kubona itike y’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya mbere mu mateka.

Ikipe y’igihugu y’umwaka:
Maroc U20 – mu bagabo
Nigeria – mu bagore.
Ikipe (Club) y’umwaka:
Pyramids FC yo mu Misiri – mu bagabo.










