Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko amakipe yose 16 yiyandikishije gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, BK Pro League 2026/27, yemerewe kuyitabira, nubwo hari ayahawe uburenganzira buherekejwe n’ibihano.
FERWAFA yabitangaje ku Cyumweru, tariki ya 16 Kanama 2026, nyuma y’isuzuma ry’amakipe yiyandikishije gukina shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2026/27.
Iryo suzuma ryakozwe hagati ya tariki ya 12 na 14 Kanama 2026, aho FERWAFA yagenzuye niba amakipe yujuje ibisabwa n’amabwiriza agenga amarushanwa.
Muri ayo makipe 16, 14 yahawe uburenganzira bwo gukina BK Pro League nta bihano, mu gihe Etincelles FC na Kiyovu Sports zo zahawe uburenganzira bwo gukina ariko buherekejwe n’ibihano kubera kutubahiriza zimwe mu ngingo z’amabwiriza.
Etincelles FC yo mu Karere ka Rubavu yahawe uburenganzira bwo gukina, ariko ihanwa kubera ko itashoboye kugira amakipe y’abato yitabira amarushanwa ateganywa mu mabwiriza ya FERWAFA.
Kiyovu Sports na yo yahawe uburenganzira bwo gukina shampiyona, ariko inahanwa nyuma yo gusaba uruhushya rwo kwitabira amarushanwa mu gihe yari ifite amadeni ibereyemo bamwe mu bari abakozi bayo.
Amakipe azakina BK Pro League
Amakipe 16 yahawe uburenganzira bwo gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda ni:
- Rayon Sports FC
- Gasogi United
- Musanze FC
- Marines FC
- Etoile de l’Est FC
- AS Kigali
- Police FC
- Sunrise FC
- Gicumbi FC
- Mukura VS&L
- Gorilla FC
- Bugesera FC
- Amagaju FC
- APR FC
- Etincelles FC
- Kiyovu Sports
Hagati aho, Al Merrikh na Al Hilal SC zo muri Sudani y’Epfo na zo zasabye kwemererwa gukina Shampiyona y’u Rwanda, mu rwego rw’umwanzuro wo kwakira amakipe yo mu mahanga muri iri rushanwa.
Shampiyona izatangira muri Nzeri
Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, Rwanda Premier League, ruteganya ko umwaka w’imikino wa 2026/27 uzatangira ku wa 4 Nzeri 2026, ukazasozwa ku wa 30 Gicurasi 2027.










