BREAKING

AmakuruImikino

FERWAFA yavuze ko BK Pro League izatanga igikombe kimwe gusa

Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yatangaje ko muri shampiyona ya BK Pro League hazatangwa igikombe kimwe gusa, kabone n’iyo cyakwegukanwa n’ikipe yo muri Sudan.

Shema Fabrice yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 11 Gicurasi 2026, nyuma y’igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe na Kiyovu Sports.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Shema Fabrice yavuze ko igikombe cya shampiyona kizahabwa ikipe izaba yabaye iya mbere muri rusange, hatitawe ku gihugu ikomokamo.

Yagize ati: “Igikombe cya shampiyona ni kimwe kuko ni utsinze shampiyona, ibyo turabyumvikanaho. Ariko mu byo twakoze bindi twanabwiye amakipe yo muri Sudani, ni igihembo cy’amafaranga. Ayo azahabwa ikipe yitwa ko ari iya mbere yo mu Rwanda, izahabwa miliyoni 80 Frw.”

Yakomeje asobanura ko nubwo amakipe yo muri Sudan yakwegukana shampiyona, atazahagararira u Rwanda mu marushanwa ya CAF.

Ati: “Mu buryo bwa CAF, kuko ari ikipe iba yasuye ntibivuze ko iyo kipe izaserukira u Rwanda. Ikipe izaserukira u Rwanda muri CAF Champions League ni izaba yabaye iya mbere mu zo mu Rwanda.”

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts