Ikipe y’Igihugu ya Estonia yegukanye itike yo kugera ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya FIFA Series rikomeje kubera i Kigali, nyuma yo gutsinda Kenya kuri penaliti 5-4, mu mukino wari ukomeye wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 27 Werurwe 2026.
Uyu mukino waranzwe n’ihangana rikomeye hagati y’amakipe yombi, aho iminota 90 y’umukino yarangiye amakipe anganya igitego 1-1, bituma hiyambazwa penaliti kugira ngo haboneke ikipe ikomeza.
Estonia ni yo yafunguye amazamu hakiri kare, ku gitego cyatsinzwe na Tanel Tammik, cyahise giha ikipe yabo icyizere mu ntangiriro z’umukino. Gusa Kenya ntiyacitse intege, yakomeje gusatira ishaka uko yakwishyura.
Mu gice cya kabiri cy’umukino, Kenya yabonye igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na Rabok Ogam, maze umukino wongera gusubira ku rwego rungana hagati y’impande zombi.
Nyuma y’uko iminota 90 irangiye amakipe anganya igitego 1-1, hakurikiyeho guterana penaliti ari na ho Estonia yaje kwitwara neza kurusha Kenya.
Mu gutera penaliti, Kenya yahushije ebyiri zatewe na Richard Odada na Mohamed Bajaber, mu gihe Estonia yo yahushije penaliti imwe gusa yatewe na Loan Yakovlev.
Abakinnyi ba Kenya batsinze penaliti ni Lawrence Okoth, Otieno Odhiambo, Otieno Erambo na Stanley Omondi, mu gihe iza Estonia zinjijwe na Alex Tamm, Erko Tougjas, Larsen Michel, Rauno Sappinen na Markus Soomets.
Intsinzi ya Estonia yayihesheje kugera ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa, mu gihe Kenya isezerewe isize igaragaje umukino mwiza n’ihangana rikomeye.
Irushanwa rya FIFA Series rikomeje kubera mu Rwanda rikomeje kugaragaza urwego rwiza rw’umupira w’amaguru, rikaba n’umwanya mwiza ku makipe atandukanye yo gukomeza kwitegura amarushanwa mpuzamahanga ari imbere.










