Amakipe ane, arimo abiri yo mu Rwanda, ni yo kugeza ubu ataratsindwa muri Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo muri Volleyball, CAVB Men’s Club Championship 2026, imaze gukinwa imikino ine yo mu matsinda.
Kuri iki Cyumweru, tariki ya 26 Mata 2026, ni bwo hakinwe imikino 12 y’umunsi wa kane, yabereye muri BK Arena na Petit Stade.
Nyuma y’imikino ine, amwe mu makipe akomeye yamaze kubona itike ya 1/8, mu gihe andi agihatanira kurangiza ayoboye amatsinda yayo ndetse n’andi arwana no kutasezererwa mbere y’igihe.
Kugeza ubu, amakipe ane ari ku isonga mu matsinda yayo ni APR VC na Police VC zo mu Rwanda, Al Ahly SC yo mu Misiri ndetse na Port Autonome de Douala yo muri Cameroun.
Aya makipe yose afite amanota 12 nyuma yo gutsinda imikino ine, uretse APR VC ifite amanota 11 kuko harimo umukino yatsinze ku maseti 3-2.
Aya makipe yakomeje kwerekana imbaraga zayo muri iri rushanwa riri gukinwa ku nshuro ya 47, mbere y’umunsi wa nyuma w’imikino y’amatsinda uteganyijwe kuri uyu wa Mbere.
Mu mikino yabereye muri BK Arena:
- Police VC yatsinze Ghana Army amaseti 3-0 (25-20, 25-20, 25-23)
- Al Ahly SC itsinda Kepler VC amaseti 3-0 (25-15, 25-19, 25-20)
- APR VC itsinda Nigeria Customs amaseti 3-2 (21-25, 25-21, 25-21, 24-26, 15-9)
Mu mukino wabereye muri Petit Stade:
- Port Autonome de Douala yatsinze Kalibi SC amaseti 3-0 (25-13, 25-15, 25-14)
Aya makipe arasubira mu kibuga kuri uyu wa Mbere mu mikino ya gatanu isoza amatsinda, aho ashaka gushimangira imyanya ya mbere no kwinjira muri 1/8 afite icyizere kinini.









