BREAKING

AmakuruUbuzima

Imipaka ya Rubavu yafunzwe kubera Ebola iri muri RDC

Kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki ya 17 Gicurasi 2026, imipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu Karere ka Rubavu yafunzwe by’agateganyo, mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira muri iki gihugu cy’igituranyi.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’uko mu mpera z’iki cyumweru hagaragaye umurwayi wa Ebola mu Ntara ya Ituri muri RDC, ndetse Ikigo Nyafurika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara z’ibyorezo (Africa CDC) gitangaza ko abanduye bamaze kugera kuri 336, mu gihe abamaze guhitanwa n’iki cyorezo ari 87.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yahamirije igitangazamakuru IGIHE ko izi ngamba zatangiye gushyirwa mu bikorwa kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru.

Yagize ati: “Imipaka ihuza Goma na Gisenyi irafunzwe by’agateganyo mu gukurikirana icyorezo cya Ebola. Turakomeza kuganira n’abaturage bacu tubasobanurire impamvu byakozwe.”

Yakomeje asaba abaturage kwihanganira izi mpinduka, ashimangira ko zigamije kurengera ubuzima bwabo.

Kuri ubu, inzego z’ubuzima zikomeje gusuzuma Abanyarwanda bari kwambuka bava muri RDC ndetse n’Abanye-Congo bari gutaha iwabo, kuko bo bakiri kwemererwa gukoresha imipaka.

Iki cyemezo kireba imipaka ya Petite Barrière, Grande Barrière ndetse n’uwa Kabuhanga, mu gihe imipaka ihuza Rusizi na Bukavu yo ikomeje gukora nk’ibisanzwe.

Abaturage bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka bavuga ko iki cyemezo cyabafashe batiteguye, ariko bakumva impamvu zacyo zijyanye no kurengera ubuzima rusange.

Uwizeyimana Afissa, ukora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya umupaka, yavuze ko yageze ku mupaka agasanga wafunzwe.

Ati: “Twabyutse tuje mu kazi ko kohereza ibicuruzwa, tuhageze dusanga umupaka wafunzwe kubera icyorezo cya Ebola kiri mu baturanyi.”

Yasabye ko hashyirwaho uburyo bwihariye bwo gufasha abacuruzi bafite ibicuruzwa byangirika vuba, nko kubemerera gukorera mu matsinda make hagamijwe kugabanya ingaruka ku bucuruzi.

Mukeshimana Emeritha umaze imyaka 20 akora ubucuruzi bwambukiranya umupaka, yavuze ko biteguye gukurikiza amabwiriza yose atangwa n’inzego z’ubuzima, ariko asaba ko hanatekerezwa ku mibereho y’abacuruzi.

Ati: “Twumva impamvu zo kurinda ubuzima bwacu, ariko na none hakwiye gutekerezwa ku bicuruzwa bibora kugira ngo tudahomba cyane.”

Kuri uyu wa Gatandatu kandi, Uganda yatangaje ko yabonye umuntu wa mbere wanduye Ebola, nyuma aza no kwitaba Imana ari mu bitaro i Kampala. Byatumye umubare w’abamaze guhitanwa n’iki cyorezo ugera kuri 88.

Amakuru agaragaza ko abanduye muri Uganda bari baherutse kugirira ingendo muri RDC.

Iyi virusi ya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo virus yabonetse bwa mbere muri Uganda hagati ya 2007 na 2008, aho yanduje abantu 149 ikica 37. Mu 2012 yongeye kugaragara muri RDC mu gace ka Isiro, yandura abantu 57 ihitana 29.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryatangaje ko iki cyorezo gikomeje gutera impungenge ku rwego mpuzamahanga, risaba ibihugu gukaza ingamba zo gukumira no kugenzura abinjira n’abasohoka.

Nubwo OMS yasabye ibihugu gukaza ubwirinzi, Umuyobozi wayo, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yashimangiye ko gufunga imipaka atari bwo buryo bwonyine bwo guhangana n’iki cyorezo, ahubwo ko hakenewe ubufatanye mu rwego rw’ubuzima no gukaza ibikorwa byo gusuzuma abaturage.

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts