Police VC na APR WVC zatangiye neza imikino ya nyuma ya Shampiyona ya Volleyball
Ikipe ya Police VC mu bagabo na APR WVC mu bagore, zatangiye neza imikino ya nyuma ya kamarampaka ya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Volleyball, zitahana intsinzi mu mukino wa mbere mu mikino itanu izagena izegukana igikombe.
Iyi mikino yatangiye ku wa Gatatu, tariki ya 1 Mata 2026, ibera muri Petit Stade, nyuma y’uko hasojwe icyiciro cya ½ cyakinwaga hakinwa imikino itanu ishoboka, aho ikipe yabonaga intsinzi eshatu yahitaga igera ku mukino wa nyuma.
Mu bagabo, Police VC yihimuye kuri APR yari yarayitsinze umwaka ushize, itangira neza itsinda REG VC amaseti 3-0 (25-18, 25-21, 25-23).
Police VC yakinnye umukino wubakiye ku guhagarika neza Nicholas Matue, itwara iseti ya mbere ku manota 25-18. Nubwo REG VC yagerageje kwisubiraho yifashishije Madol Ayang Maker na Gisubizo Merci, byayihaye imbaraga nke, itsindwa n’iya kabiri ku manota 25-21.
Mu iseti ya gatatu, REG VC yongeye guhura n’ikibazo cyo kuvunikisha Sam Engwau, ibintu byayigizeho ingaruka zikomeye, bituma Police VC isoza umukino itsinze 25-23, ibona intsinzi ya mbere muri uru rukerera rwa kamarampaka.
Mu bagore, APR WVC nayo yitwaye neza, itsinda Kepler WVC amaseti 3-0 (25-16, 25-20, 25-21). Kepler WVC iri gukina imikino ya nyuma ku nshuro ya mbere, ntiyabashije kwihagararaho imbere y’ubunararibonye bwa APR.
Imikino yombi yarebwe n’abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire.
Mu mikino yo guhatanira umwanya wa gatatu, mu bagabo Kepler VC yatsinze Gisagara VC amaseti 3-1 (21-25, 25-17, 25-22, 25-15), mu gihe mu bagore Police WVC yatsinze Rwanda Revenue Authority (RRA) amaseti 3-0 (25-18, 25-21, 25-15).
Imikino ya nyuma izakomeza ku wa Gatandatu, tariki ya 4 Mata 2026, hakinwa umukino wa kabiri. Amakipe azakomeza guhatanira kugera ku ntsinzi eshatu mu mikino itanu ishoboka kugira ngo yegukane igikombe.













