BREAKING

Imikino

Amavubi yongeye kwegukana igikombe nyuma y’imyaka 25

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, nyuma yo gutsinda Estonia ibitego 2-0, mu mikino ya FIFA Series ya 2026, yongera kwegukana igikombe nyuma y’imyaka 25.

Iri rushanwa mpuzamahanga ry’imikino ya gishuti itegurwa na FIFA, u Rwanda rwatsinze imikino ibiri yose rwakinnye rutsinda  ibitego 6 mu gihe rwo rwasoje nta gitego rwinjijwe.

Mu mukino wa nyuma,  u Rwanda rwabonye igitego ku munota wa 31,  ku mupira wahinduwe na Joy-Lance Mickles maze Biramahire Abeddy ahita ashyira mu izamu.

Igice cya kabiri u Rwanda rwagitangiranye imbaraga maze ku munota wa 51 babona igitego cya kabiri cyatsinzwe na Leroy-Jacques Mickles ku mupira yari ahawe na Bizimana Djihad.

Uyu mukino kandi wari witabiriwe Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame wanarebye imikino yose Amavubi yakinnye muri FIFA Series ya 2026, kuko n’igihe batsinda Grenada ibitego 4  ku busa yari ahari.

Iki gikombe Amavubi atwaye kibaye icya gatatu mu mateka kuko yegukanye CECAFA ya Rwanda B mu 1999 ndetse n’igikombe cya COMESA cyo muri 2001.

Perezida Kagame yitabiriye uyu mukino

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts