Mu ijoro ryacyeye tariki 26 Werurwe 2026, nibwo ikipe y’igihugu ya Brazil yakinnye umukino wa gishuti n’ikipe y’igihugu y’u Burafansa, urangira u Bufaransa butsinze ibitego 2-1. Muri uyu mukino Raphinha yasimbujwe umukino utarangiye kubera ikibazo yari yagize gituma adakomeza umukino.
Nyuma yo kugira iki kibazo Barcelona yahise igira impungenge zikomeye ku buzima bw’uyu mukinnyi nyuma yuko asimbuwe ubwo igice cya mbere cyari kirangiye hagati ya Brazil n’u Bufaransa.
Mu kiganiro n’itangazamakuru, umutoza w’ikipe y’igihugu ya Brazil, Carlo Ancelotti yatangaje ko Raphinha yagize ikibazo, kandi agomba gukorerwa ibizamini kugira ngo hamenyekane neza ubukana bw’imvune. Amakuru ya mbere avuga ko ashobora kuba yongeye kugira ikibazo ku mutsi w’inyuma y’ikibero (hamstring).
Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru AS, kivuga ko FC Barcelona yagaragaje ko Raphinha yumvise ububabare butunguranye mu mutsi w’inyuma y’ikibero cy’iburyo, ari na wo mutsi wamaze amezi abiri avurwa ubwo yagiraga imvune muri uyu mwaka w’imikino, ndetse bikaba byari byaranagarutse inshuro ebyiri.
Kuri ubu, Raphinha ategerejweho gukorerwa ibizamini birambuye ngo hamenyekane ubukana bw’iyi mvune. AS inavuga ko ashobora kumara ibyumweru bike adakina, bityo akazabura mu mikino ikomeye iri imbere FC Barcelona izakina.
Raphinha ubwe yari yarigeze kuvuga mbere y’uyu mwaka ko yishyira mu majwi ku kuba yaragize ikibazo cy’imvune zagarukaga, bitewe no kugerageza kugaruka mu kibuga vuba cyane atarakira neza.









