BREAKING

AmakuruUbutabera

Urukiko rwategetse ko Shema Fabrice afungwa iminsi 30

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko umushoramari akaba na Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, afungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 2 Nzeri 2026, nyuma y’uko Urukiko rusanze hari impamvu zikomeye zituma akurikiranwaho ibyaha byo gutanga sheki zitazigamiye no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko Shema afungwa, buvuga ko hari impungenge ko aramutse arekuwe ashobora gutoroka mu gihe iperereza rigikomeje.
Dosiye ye ishingiye ku masezerano ya Africa Medical Supplier Plc, sosiyete ye icuruza ibikoresho by’ubuvuzi, na ABZL International General Trading LLC, afite agaciro k’asaga miliyoni imwe y’Amayero.
Ubushinjacyaha buvuga ko ku wa 5 Kanama 2025 Shema yahaye ABZL sheki ebyiri, imwe ya 400,000 USD n’indi ya 200,000 USD, ariko konti yariho ayo mafaranga atari ahari.
Shema ahakana ibyaha aregwa. We n’umwunganizi we bavuga ko iki kibazo gifitanye isano n’amasezerano y’ubucuruzi ndetse ko hari impaka ku buryo sheki zatanzwe n’uko zakoreshejwe.
Urukiko ariko rwanzuye ko akurikiranwa afunzwe iminsi 30 y’agateganyo.

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts