BREAKING

Imikino

CAF yatangaje igihe imikino Nyafurika izabera

Nkuko byatangajwe na CAF agaragaza ko imikino y’ibanze izatangira muri Nzeri 2026, aho icyiciro cya mbere kizakinwa hagati ya tariki ya 4 na 13 Nzeri 2026.

Icyiciro cya kabiri cy’imikino y’ibanze kizaba hagati ya tariki ya 16 na 25 Ukwakira 2026, amakipe ahatanira kubona itike yo kujya mu matsinda, ari na yo atanga amahirwe menshi yo kwinjiza amafaranga ndetse no gukomeza urugendo rwo guhatanira ibikombe.

CAF yatangaje ko imikino y’amatsinda izatangira ku wa 27 Ugushyingo 2026 ikageza ku wa 23 Mutarama 2027. Muri icyo gihe hazakinwa imikino itandatu kuri buri kipe, izagena abazakomereza mu byiciro byo gukuranwamo.

Ibi bivuze ko amakipe azaba akinira hagati mu bihe by’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani, ibintu bishobora kuzongera uburemere bw’iyi gahunda ku bakinnyi n’abatoza. Nyuma y’amatsinda, amakipe azaba yabonye itike azakina imikino ya 1/4 cy’irangiza hagati ya tariki ya 26 Gashyantare na 7 Werurwe 2027.

Imikino ya 1/2 izakinwa hagati ya tariki ya 9 na 17 Mata 2027, aho amakipe azaba ahatanira kugera ku mukino wa nyuma.

CAF yemeje ko imikino ya nyuma ya CAF Champions League na CAF Confederation Cup izakinwa hagati ya tariki ya 9 na 31 Gicurasi 2027, nubwo itariki nyakuri izatangazwa mu gihe kiri imbere.

Itangazwa ry’iyi ngengabihe ritegerejweho gufasha amakipe, shampiyona z’ibihugu, abafatanyabikorwa mu itangazamakuru ndetse n’abakunzi b’umupira w’amaguru gutangira imyiteguro hakiri kare.

Nyuma yo gutangaza iyi ngengabihe, CAF kandi yatangaje ko amakipe azandikisha abakinnyi guhera tariki ya mbere Kanama 2026. Amakipe azakina ijonjora ry’ibanze azandikisha abakinnyi hagati ya tariki 1 kugeza 30 kanama 2026.

Ikipe zizabona itike yo gukina amatsinda azandikisha abakinnyi hagati ya tariki 1 kugeza 31 Nzeri 2026, naho azagera mu mikino yo gukuranwamo azandikisha abakinnyi kuva tariki 1 kugeza 31 Mutarama 2027.

Ikipe ya Rayon Sports na APR FC nizo zizahagararira u Rwanda muri iyi mikino nyafurika aho zitezweho gukora ibidasanzwe uyu mwaka. APR FC izahagararira u Rwanda muri CAF Champions League, naho Rayon Sports izahagararira u Rwanda muri CAF Confederations Cup.

   CAF yatangaje ingengabihe y’imikino yayo

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts