BREAKING

Imikino

Ibihembo bya Super Cup byongerewe agaciro

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 22 Ukuboza 2025, habaye ikiganiro n’abanyamakuru, cyagarukaga ku myiteguro y’imikino y’Igikombe kiruta ibindi [Super Coupe], iteganyijwe ku wa 10 Mutarama 2026.

Kimwe mu byagarutsweho na Visi Perezida wa Mbere Ushinzwe Tekiniki muri FERWAFA, Mugisha Richard, ni ibihembo yavuze ko byazamutse. Uyu Muyobozi yemeje ko ikipe izegukana Igikombe yaba mu Bagabo cyangwa Abagore, izahabwa miliyoni 20 Frw mu gihe iya Kabiri izahabwa miliyoni 10 Frw.

Uyu Muyobozi kandi, yakomeje avuga ko iri Shyirahamwe ryazamuye ibi bihembo mu byiciro byombi kugira ngo baheshe agaciro amakipe y’Abagore ariko kandi avuga ko gahunda we na bagenzi be bafite ari ugukomeza kuzamura ibihembo ku makipe akina amarushanwa ya FERWAFA.

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts