BREAKING

Imikino

Umutoza Mashami Vincent yasezerewe na Police FC

Ikipe ya Police FC yafashe icyemezo cyo gutandukana n’uwari Umutoza wayo, Mashami Vincent, kubera umusaruro mubi.

Mashami Vincent yari amaze imyaka ibiri n’igice atoza iyi kipe y’abashinzwe umutekano.

Yirukanywe nyuma y’iminsi ine Police FC itsinzwe na Rayon Sports ibitego 2-0, byatumye iyi kipe isoza imikino ibanza iri ku mwanya wa kane irushwa amanota 13 na Gikundiro ya mbere.

Uwahaye amakuru PEOPLE  TV, yavuze ko kuri uyu wa Gatatu ari bwo ubuyobozi bwa Police FC bwahamagaje Mashami Vincent kugira ngo bumvikane ku buryo bwo gutandukana.

PEOPLE TV yagerageje kuvugisha ubuyobozi bwa Police FC, ariko ntibwagira icyo butangaza mu buryo bwose bwageragejwe.

Ku rundi ruhande, bivugwa ko hari ibitararangira hagati y’iyi kipe na Mashami Vincent wari usigaje amezi atandatu ku masezerano yahawe amaze guhesha Police FC kwegukana Igikombe cy’Amahoro muri Gicurasi 2024.

Police FC yari yiyubatse cyane mu mpeshyi ishize, igura abakinnyi benshi bakomeye barimo abanyamahanga, ifite intego yo kwitwara neza muri CAF Confederation, ariko yasezerewe itarenze ijonjora rya mbere.

Police FC yirukanye umutoza Mashami Vincent

 

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts