Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati (CECAFA) yatangaje ko u Rwanda ruzakira 4 mu marushanwa 6 yaryo azakinwa uyu mwaka.
Ayo marushanwa arimo irushanwa rihuza amakipe yo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba no Hagati, CECAFA Kagame Cup, rizongera kubera mu Rwanda nyuma y’imyaka irindwi. Rikazaba guhera tariki ya 18 Nyakanga kugeza ku ya 9 Kanama 2026.
Irushanwa rya mbere ni CECAFA Kagame Cup izaba tariki ya 18 Nyakanga kugeza ku ya 9 Kanama mu gihe irya kabiri ari imikino ihuza abanyeshuri batarengeje imyaka 15 (CAF African Schools Football Championship- CECAFA Qualifiers) izaba tariki 22-25 Nyakanga.
Irya gatatu ni iry’amakipe y’abagore ryo gushaka itike ya CAF Champions League rizaba tariki 22 Kanama kugeza ku ya 6 Nzeri mu gihe irya kane ari iryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika mu bahungu batarengeje imyaka 17 rizaba tariki 10-25 Ukwakira.
Tanzania yo yahawe kwakira CECAFA y’abakobwa batarengeje imyaka 17 tariki 30 Gicurasi kugeza ku ya 14 Kamena ndetse n’imikino yo gushaka itike ya CAN U-20 kuva tariki ya 22 Kanama kugeza ku ya 6 Nzeri.
N’ubwo bimeze bityo amarushanwa arimo CECAFA Senior Challenge Cup ihuza ibihugu na CECAFA Beach Soccer Championship izaba muri Nyakanga ntiharamenyekana ibihugu bizayakira.
CECAFA igizwe n’amashyirahamwe y’Umupira w’Amagaru arimo Kenya, Uganda, Tanzania, Sudani y’Epfo, Sudani, Ethiopia, Eritrea, Zanzibar, Somalia, u Rwanda, Djibouti n’u Burundi .










