Ikipe y’Igihugu ya Sénégal yegukanye Igikombe cya Afurika cya 2025 nyuma yo gutsinda Maroc igitego 1-0 mu mukino wa nyuma wabereye kuri Prince Moulay Abdellah Stadium mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 18 Mutarama 2026.
Mbere y’uko umukino utangira, habaye ibirori byo gusoza irushanwa ku mugaragaro byitabiriwe n’umukinnyi wa filime w’Umwongereza, Idris Elba. Ibi birori byanasusurukijwe n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga IShowSpeed, wari wambaye ikirango cy’Igikombe cya Afurika 2025 kiri mu ishusho y’intare.
Ku munota wa kane, Sénégal yabonye amahirwe ya mbere ku mupira watewe na Pape Gueye, ariko umunyezamu wa Maroc, Yassine Bono, awukuramo ujya muri koruneri. Ku munota wa 19, Maroc yari ibonye igitego, ubwo Ayoub El Kaabi yazamukanaga umupira agahereza Ismael Saibari wari wasigaye n’umunyezamu, ariko Saibari ararira.
Nicholas Jackson na Iliman Ndiaye nabo babonye uburyo bwo gutsinda, ariko Yassine Bono akomeza kwitwara neza. Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.
Igice cya kabiri Maroc yagitangiye iri hejuru mu kugumana umupira, ndetse ku munota wa 57 El Kaabi yateye ishoti rikomeye umupira ujya hanze y’izamu gato.
Ku munota wa 68, El Hadji Malick Diouf yagonganye na Neil El Aynaoui wavuyemo amaraso mu mutwe, umukino uhagarikwa iminota mike.
Mbere y’uko iminota 90 irangira, amakipe yombi yakoze impinduka zitandukanye. Sénégal yinjije Abdoulaye Seck, Ismaila Sarr, Chérif Ndiaye na Ibrahim Mbaye, mu gihe Maroc yinjijemo Youssef En-Nesyri, Oussama Targhalline na Jawad El Yamiq.
Sénégal yatsinze igitego cyatewe n’umutwe na Abdoulaye Seck, ariko umusifuzi Jean-Jacques Ndala agisubiramo kubera ko hari habanje kuba gusunika Achraf Hakimi.
Ku munota wa 90+8, El Hadji Malick Diouf yakoze ikosa kuri Brahim Díaz mu rubuga rw’amahina, Maroc ihabwa penaliti. Díaz yayiteye, ariko Édouard Mendy ayikuramo.
Habayeho iminota 30 yo kwikiranura. Ku munota wa 93, Pape Gueye yatsinze igitego rukumbi cy’umukino nyuma yo kwiruka umupira agatera ishoti rikomeye mu izamu rya Maroc.
Maroc yagerageje kwishyura ariko birananirana, umukino urangira Sénégal itsinze 1-0, yegukana Igikombe cya Afurika ku nshuro ya kabiri mu mateka yayo, kuko yari yagiherukaga mu 2021.
Mu bihembo by’umwihariko:
• Achraf Hakimi yabaye myugariro w’irushanwa
• Yassine Bono aba umunyezamu mwiza
• Brahim Díaz ahabwa igihembo cy’uwatsinze ibitego byinshi (5)
• Sadio Mané aba umukinnyi w’irushanwa
Igikombe cya Afurika gitaha kizaba mu 2027, kizakinirwa muri Afurika y’Iburasirazuba, by’umwihariko muri Tanzania, Kenya na Uganda.









