BREAKING

Amakuru

Rayon Sport yasanze ibaruwa ya Omborenga ntacyo ivuze

Nyuma y’uko Omborenga Fitina asabye gusesa amasezerano muri Rayon Sports, abayobozi basanga iyo baruwa yanditse nta shingiro ifite kuko n’ubwo batari bamuhemba amafaranga ye yose nta tegeko Rayon Sports yishe.

Ni ubutumwa Omborenga Fitina yandikiye Rayon Sports mu gitondo cyo kuri uyu wa 07 Gicurasi 2025 asaba ko basesa amasezerano kuko ikipe itubahirije ibiri mu masezerano birimo kumuha amafarana yo kumugura ndetse no kutamuhembera ku gihe.Nyuma yo kwakira ibaruwa ye ndetse igasuzumwa, abayobozi ba Rayon Sports basanze nta shingiro iyi baruwa ifite kuko batari bica itegeko rya CAF cyangwa FIFA n’ubwo bamaze amezi abiri badahemba.Mu ibaruwa ya Rayon Sports umunyamakuru w’iyi kipe yasomeye mu kiganiro Rayon Time, ubuyobozi buvuga ko ibaruwa Fitina yanditse nta shingiro ifite kuko nta tegeko bari bica kandi amafaranga ya (Recruitment) asigaye bazayamuha cyane ko ari no mu bakinnyi bahawe menshi.

Iyi baruwa ivuga ko nta tegeko Rayon Sports yari yica kuko itegeko ryemerera umukinnyi gusesa amasezerano iyo amaze amezi atatu adahembwa kandi ayo mezi atatu akaba atari yuzura bityo rero Rayon Sports igasanga iyo baruwa nta shingiro ifite.

Rayon Sports kandi yongera kwibutsa Fitina ko ari umukinnyi wayo mu myaka ibiri nk’uko amasezerano bagiranye abivuga kandi ko ibyo yemerewe azagenda abihabwa gake gake nk’uko nawe abizi.

Rayon Sports yasanze ibaruwa ya Omborenga ntacyo ivuze kuko Rayon itari yica itegeko na rimwe rya CAF cyangwa FIFA

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts