Umutoza mukuru wa Vision FC, Mbarushimana Abdou, yavuze ko abakinnyi be biteguye kuzatsinda Rayon Sports ikaba iya mbere izaba ihagaritse umuvudo ibihe irimo byo gutsinda.
Kuri uyu wa Kane, ni bwo Vision FC yakoze imyitozo ibanziriza iya nyuma yo kwitegura umukino w’umunsi wa 11 wa shampiyona, aho iyi kipe izaba yakiriye Rayon Sports mu mpera z’iki Cyumweru.
Ni umukino uteganyijwe kuzakinwa ku wa Gatandatu tariki ya 30 Ugushyingo 2024 Saa Kumi n’Ebyiri z’Umugoroba kuri Kigali Péle Stadium.
Rayon Sports izaba igiye gukina uyu mukino, imaze imikino irindwi yose itsinda kandi nta n’igitego yinjizwa mu izamu rya yo.
Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru, Mbarushimana Abdou utoza Vision FC, yavuze ko yiteguye kuzababaza Aba-Rayons, akaba uwa mbere uzaba ahagaritse umuvuduko Gikundiro ifite.
Yakomeje agira ati “Ntekereza ko Rayon Sports ari yo izaba ifite igitutu kinini kuturusha kuko iri kurwanira umwanya wa mbere. Ibyo dushobora kubyungukiramo tukabona amanota atatu.”

Ati “Tugomba gukosora ku mpande zose, tukibanda ku makosa yagiye aturanga guhera mu ntangiriro, tukagerageza gukosora udukosa tugaragara mu bwugarizi.”
– Advertisement –
Ni umutoza uhamanya n’umutima we ko ibintu byose byiza bisaba igihe no kubikorera ndetse bikajyana no kwihangana.
Ati “Amakipe nanyuzemo yose, aho ntatsinze Rayon Sports ushobora gusanga ari ho hakeya.”










