BREAKING

Imibereho Y'AbaturageImyidagaduro

Trump yatsindiye kuyobora Amerika

Umukandida w’ ishyaka ry’ Aba republican Donald Trump ni we umaze gutsindira kuba president wa 47 wa Leta zunze ubumwe z’ Amerika.

Ni intsinzi abonye ahigitse Kamala Harris wo mu ishyaka ry’ aba Democrats bari bahanganye.

Donald Trump akaba yagize amajwi ya Electoral college 277, mu gihe Kamala Harris afite 224 kugeza ubu. Electoral college akaba ari abatora bahagarariye abandi batora ukurikije uko leta zigenda zirutana mu mibare y’abazihagararira.

Trump akaba yamaze kurenze amajwi 270 angana na kimwe cya kabiri kongeraho ijwi ry’ imwe ry’ abatora bakuru, electoral college akaba ari na yo aba asabwa ngo hamenyekane uwatsize mu matora ya president wa leta zunze ubumwe z’ Amerika.

Ni ku nshuro ya kabiri Donald Trump abaye president wa leta zunze ubumwe z’ Amerika nyuma y’ uko n’ ubundi yari umukuru w’ iki gihugu muri manda imwe hagati 2016 na 2021. Kuri iy nshuro akaba yarahisemo JV Vence ngo ari we uzamubera Visi President

N’aho Kamala Harris watsinzwe, we akaba yari asanzwe ari Visi Presindent ku ngoma ya Joe Biden ucyuye igihe, Bakaba na bo bombi bari bamaze manda imwe muri izo nshingano guhera 2021.

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts