BREAKING

AmakuruImibereho Y'AbaturagePolitikiUbuzima

Rtd General Kabarebe yakiriye Umuyobozi wa ICRC mu karere

Gen (Rtd) James Kabarebe, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yakiriye Kedir Awol Omar, Umuyobozi mushya w’Umuryango Mpuzamahanga utabara imbabare (ICRC) ushinzwe u Rwanda, Uganda n’u Burundi.

Aba bayibozi bombi bakaba bahuye kuri uyu wagatatu tariki 9 Nyakanga 2025. bwo Mu biganiro byabo bakaba bagarutse ku bibazo by’ubutabazi n’imibereho y’abaturage mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Umuryango wa Croix-Rouge y’u Rwanda, washinzwe muri Nyakanga 1962 i Kigali, mu Rwanda.

Ku wa 8 Ukwakira 1982, u Rwanda rwabaye igihugu cya 130 cyinjiye mu Muryango Mpuzamahanga utabara imbabare wahoze witwa Croix-Rouge (ICRC).

Umwaka wakurikiyeho, ku wa 8 Ukwakira 1983, u Rwanda rwabaye umunyamuryango w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga rya Croix-Rouge (International Federation of the Red Cross – IFRC).

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ibikorwa bya Croix-Rouge y’u Rwanda byarahungabanye cyane.

Mu 1995, Croix-Rouge y’u Rwanda yabashije kongera gusubukura ibikorwa byayo ifashijwe n’indi miryango ya Croix-Rouge ku Isi.

Mu 2008, hashyizweho Inama y’Urubyiruko. Ibi byari impinduka ikomeye mu mikorere ya Croix-Rouge y’u Rwanda kuko urubyiruko rwatangiye kugira uruhare ku nzego zitandukanye, harimo gutangiza imishinga, kwigisha, gushyira mu bikorwa ibikorwa bitandukanye, ndetse no gufata ibyemezo ku nzego nto n’izisumbuyeho.

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts