BREAKING

Imikino

RSSB Tigers yatsinze Petro de Luanda, ikomeza kwitwara neza muri BAL 2026

Ikipe ya RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Basketball Africa League (BAL) 2026, yatsinze Petro de Luanda amanota 82-78, ibona intsinzi ya kabiri mu mikino ya Kalahari Conference.

Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026, wari uhanzwe amaso cyane kuko ayo makipe yombi ahabwa amahirwe yo kuyobora iri tsinda.

Umukino watangiye amakipe yombi atsinda amanota make, aho agace ka mbere karangiye Petro de Luanda iyoboye n’amanota 17 kuri 12 ya RSSB Tigers. Mu gace ka kabiri, Tigers yagaragaje imbaraga binyuze ku bakinnyi barimo Ntore Habimana na Leonard Craig Randall bayitsindira amanota y’ingenzi, itsinda aka gace ku manota 22-19.

Igice cya mbere cyarangiye Petro de Luanda igifite imbere n’amanota 36 kuri 34, nubwo ikinyuranyo cyari cyagabanutse.

Ikipe ya Petro de Luanda ni imwe mu zikomeye cyane muri Afurika

Mu gace ka gatatu, umukino warushijeho gukomera, aho Mangok Mathiang na Teafale Lenard Jr batsindiraga Tigers amanota menshi. Tigers yatsinze aka gace ku manota 23-20, ihita inafata umwanya wa mbere n’amanota 57 kuri 56.

Mu gace ka nyuma, RSSB Tigers yakinnye neza cyane, aho Leonard Craig Randall na Teafale Lenard Jr bayifashije kongera ikinyuranyo kigera mu manota 10 (72-62). Nubwo Petro de Luanda yagerageje kugaruka mu minota ya nyuma, Tigers yakomeje kwihagararaho kugeza umukino urangiye itsinze 82-78.

Iyi ntsinzi ibaye iya kabiri kuri RSSB Tigers muri iri rushanwa, nyuma yo gutsinda Al Ahly Benghazi mu mukino ubanza. Ku rundi ruhande, ni bwo bwa mbere Petro de Luanda itsinzwe muri iri rushanwa, nyuma yo gutsinda Al Ahly Benghazi amanota 104-90.

RSSB Tigers yatsinze umukino wa kabiri

RSSB Tigers izasubira mu kibuga ku wa Gatatu, tariki ya 1 Mata 2026, ihura na Johannesburg Giants mu mukino ukomeye uzakurikira.

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts