BREAKING

AmakuruPolitikiUmutekano

Perezida Kagame yaganirije Abasirikare, Abapolisi n’ Abacungagereza 6000 basoje imyitozo i Gabiro

Perezida wa Republika y’ U Rwanda Paul Kagame akaba n’ Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yaganirije abasirikare, abapolisi ndetse n’abacungagereza barenga 6000 barangije imyitozo bakoreraga mu kigo cya gisirikare cya Gabiro kiri mu Ntara y’Iburasirazuba.

Village Urugwiro, ibiro by’Umukuru w’Igihugu, byavuze ko iki kiganiro cyabaye kuri uyu wa mbere tariki 25 Kanama 2025 ubwo aba bakozi b’inzego eshatu z’umutekano barangizaga imyitozo ya gisirikare.

Mu ruzinduko rwe muri iki kigo Abofisiye basoje imyitozo, beretse Perezida Kagame amasomo akubiye muri bimwe mu byo bize, arimo ajyanye n’uburyo bwo kuyobora urugamba.

Abasoje imyitozo ya Gisirikare beretse Perezia Kagame bimwe mu byo bize

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts