Rutahizamu w’Umunya-Misiri, Mohamed Salah, yatangaje ko azatandukana na Liverpool mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2025/26, asoza urugendo rw’imyaka icyenda rwaranzwe n’intsinzi n’amateka akomeye muri iyi kipe.
Ku wa kabiri, tariki ya 24 Werurwe 2026, ni bwo Salah yifashishije imbuga nkoranyambaga ze, ashyira hanze ubutumwa bwuje amarangamutima asezera ku bafana, abakinnyi ndetse n’ubuyobozi bwa Liverpool.
Ati: “Nsuhuje buri wese, birumvikana umunsi wageze. Iki ni igice cya mbere cyo kubasezeraho. Nzasohoka muri Liverpool mu mpera z’uyu mwaka w’imikino.”
Yakomeje agaragaza urukundo rudasanzwe afitiye iyi kipe, avuga ko atari ikipe gusa ahubwo yabaye igice cy’ubuzima bwe.
Ati: “Liverpool ntabwo ari ikipe gusa, ni urukundo, ni amateka, ni ibyiyumviro. Ntabwo nabona uko mbisobanurira umuntu utayirimo.”

Urugendo rw’amateka muri Liverpool
Mohamed Salah yageze muri Liverpool mu 2017, avuye muri AS Roma, ahita aba umwe mu bakinnyi b’ingenzi bagize uruhare rukomeye mu guhesha iyi kipe ibikombe bitandukanye.
Mu myaka icyenda amaze muri Liverpool, yayikiniye imikino 435, atsinda ibitego 255, ibintu byamushyize mu bakinnyi batatu batsindiye iyi kipe ibitego byinshi mu mateka yayo.
Salah yagiye anegukana ibihembo by’umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri Premier League inshuro enye, agaragaza ubuhanga n’umusaruro bihoraho.

Ibikombe n’intsinzi zikomeye
Mu gihe yamaze muri Liverpool, Salah yafashije iyi kipe kwegukana ibikombe bikomeye birimo Shampiyona y’u Bwongereza (Premier League) inshuro ebyiri , UEFA Champions League imwe, Carabao Cup ebyiri, FIFA Club World Cup imwe, UEFA Super Cup imwe , FA Cup imwe, na FA Community Shield imwe
Ibi byose byamugize umwe mu bakinnyi b’ingenzi mu mateka mashya ya Liverpool.
Ubutumwa bwuje ishimwe n’amarangamutima
Mu butumwa bwe, Salah yashimiye cyane buri wese bagiranye urugendo muri Liverpool, by’umwihariko abakinnyi, abafana n’ubuyobozi bw’iyi kipe.
Ati: “Nishimanye na yo, twatwaranye ibikombe bikomeye, kandi twafatanyije kurwana urugamba mu bihe bikomeye twarimo.”
Yanavuze ko n’ubwo azayivamo, Liverpool izahora ari “mu rugo” iwe, kubera urukundo yeretswe kuva yahagera.

Ahazaza he hakomeje kwibazwa
N’ubwo Salah atatangaje aho azerekeza nyuma yo kuva muri Liverpool, amaze igihe avugwa mu makipe yo muri Arabie Saoudite.
Mu 2023, ikipe ya Al Ittihad yigeze gutanga agera kuri miliyoni 266 z’amadolari ngo imwegukane, ariko arabyanga aguma muri Liverpool, ndetse yongera amasezerano yagombaga kurangira mu 2026/27.
Kuva icyo gihe, amakuru akomeje kuvuga ko ashobora kwerekeza muri shampiyona zo mu Burasirazuba bwo Hagati, nubwo nta cyemezo kiratangazwa ku mugaragaro.
Gusezera kwa Mohamed Salah bizasiga icyuho gikomeye muri Liverpool, kuko yari umwe mu bakinnyi bagize uruhare rukomeye mu kuzamura urwego rw’iyi kipe mu myaka ya vuba.
Abafana ba Liverpool ndetse n’abakunzi b’umupira w’amaguru muri rusange bakomeje kugaragaza ko Salah azahora yibukwa nk’umwe mu bakinnyi b’ibihe byose banyuze muri iyi kipe.










