BREAKING

Imikino

Masudi Djuma yirukanywe muri Etincelles

Ubuyobozi bwa Etincelles FC bwatangaje ko bwahagaritse ku mirimo uwari Umutoza Mukuru wayo, Masudi Djuma n’abungiriza be, kubera umusaruro muke utari ushimishije muri iyi minsi, ikipe ihita isigaranwa by’agateganyo na Bizimana Abdou ‘Bekeni’.
‎Ibi bije nyuma y’uko Etincelles FC itakaje umukino w’Umunsi wa 18 wa Shampiyona yatsinzwemo na Mukura VS igitego 1-0 ku wa Gatandatu, bigatuma iguma ku mwanya wa nyuma n’amanota 11 gusa mu mikino 17 imaze gukina.
‎Mu itangazo iyi kipe yo mu Karere ka Rubavu yashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko ubuyobozi bwamaze gusezerera abatoza bayo kubera umusaruro muke, ndetse ko ikipe igiye kuba itozwa na Bizimana Abdou usanzwe ari Umuyobozi ushinzwe Tekinike mu gihe hagishakwa abandi batoza.
‎Umunyamabanga wa Etincelles FC, Bagoyi Sultan Basul, yemeje aya makuru avuga ko iyo ikipe iri ku mwanya wa nyuma hagomba gukorwa impinduka zifatika.
Yashimangiye ko abatoza bari kuganirizwa ku bijyanye n’iseswa ry’amasezerano, ariko kugeza ubu inshingano zo gutoza ziri mu maboko ya ‘Bekeni’ wongeye kwitabazwa nk’umutabazi.
‎Uretse umusaruro muke, hari amakuru avuga ko umwuka utari mwiza mu rwambariro hagati y’abakinnyi n’umutoza.
Byavugwaga ko abakinnyi baherukaga kugaragariza ubuyobozi ko batacyifuza gukorana na Masudi Djuma, ndetse biba ngombwa ko ubuyobozi bufata icyemezo kugira ngo ikipe ibashe kwitwara neza mu mikino yo kwishyura.
‎Masudi Djuma yari yageze muri Etincelles FC hagati mu Ukwakira 2025 asinya amasezerano y’umwaka umwe.
Yaje asimbura Seninga Innocent watandukanye n’iyi kipe hashize iminsi mike atangiye akazi, ndetse Masudi asanga ikipe imaze gutozwa imikino ibiri na Lomami Marcel wari Umutoza Wungirije mbere yo kwerekeza muri Rayon Sports.
‎Uyu mutoza w’Umurundi asanzwe azwi cyane mu Rwanda aho yatoje amakipe nka Rayon Sports yahaye Igikombe cya Shampiyona n’icy’Amahoro, AS Kigali na Bugesera FC, akaba yaranabaye umutoza wungirije muri Simba SC yo muri Tanzania.
‎Kugeza ubu muri ’staff’ tekinike ya Etincelles FC, abasigaye ni abaganga n’ushinzwe ibikoresho by’ikipe gusa.
Si ubwa mbere Umutoza Bekeni ahawe gutoza iyi kipe by’agateganyo, kuko yaherukaga kuyitoza muri Werurwe 2022 asimbuye Umwongereza Calum Shaun.
‎Mu rwego rwo gushaka uburyo ikipe yakwitwara neza mu mikino yo kwishyura no kuva ku mwanya wa nyuma, Etincelles FC iheruka kugura abakinnyi bashya barimo Umunya-Cameroun Assana Nah Innocent wahoze muri Rayon Sports, Mwinyi Lody Rodrigue na Nimaga Yacouba, mu gihe yarekuye abakinnyi babiri b’Abanya-Uganda.
‎Etincelles FC iritegura kwakira Musanze FC ku wa Gatandatu, tariki ya 7 Gashyantare 2026, mu mukino w’Umunsi wa 19 wa Rwanda Premier League, umukino uzaba ari ishiraniro kuri iyi kipe ishaka amanota yo kuguma mu cyiciro cya mbere

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts