Ikipe y’igihugu Amavubi iheruka gutsinda Nigeria ikanatsindwa na Libya mu mikino yo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cya Afurika, yazamutseho imyanya ibiri ku rutonde ngarukwezi rwa FIFA, yisanga ku mwanya wa 124 ku Isi.
Kuri uyu wa Kane, tariki ya 28 Ugushyingo 2024, ni bwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ryashyize ahagaragara uko ibihugu bihagaze ku rutonde rwo muri uku kwezi.
Ni urutonde ruje gusanga Ikipe y’u Rwanda iheruka kugira umusaruro mwiza kuko yatsinze Nigeria ibitego 2-1, nyuma yo gutsindwa igitego 1-0 mu mukino rwari rufitanye na Libya mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc.
Si iyo mikino gusa rwakinnye kuko rwahuye na Djibouti mu majonjora ya CHAN, rutsinda umukino umwe muri ibiri, yombi yabereye kuri Stade Amahoro.
Kuba u Rwanda rwarabonye uwo musaruro kuri ibi bihugu byose bisanzwe biri imbere yarwo, byaruhaye amahirwe yo kunguka amanota 6.02 rugira 1136,06 no kuzamukaho imyanya ibiri ku rutonde rwa FIFA.
Nta mpinduka zabaye mu myanya itanu ya mbere ku Isi, iriho Argentine, u Bufaransa, Espagne, u Bwongereza na Brésil.
Muri Afurika, ibihugu bitanu bya mbere ni Maroc, Sénégal, Misiri, Algeria na Côte d’Ivoire. Nigeria yatsinzwe n’u Rwanda bwa mbere mu mateka yahise imanukaho imyanya umunani kuri uru rutonde.

Amavubi yageze ku mwanya wa 124 ku rutonde rwa FIFA

Gutsinda Nigeria byahesheje Amavubi amanota ku rutonde rwa FIFA

Nigeria yamanutse imyanya 10 ku rutonde rwa FIFA









