Minisiteri ya Siporo, yatangaje ko bimwe mu bikubiye mu mushinga wa “Isonga” icyiciro cya Kabiri, hateganywa kubakwa ibibuga birenga 63 bya siporo zitandukanye zirimo umupira w’amaguru n’izindi.
Ibi Minisiteri yabitangaje kuri uyu wa Kane, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Minisiteri ya Sports, cyitabiriwe na Minisiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri, Rwego Ngarambe, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Uwayezu Jean François Regis, Perezida wa Komite Olempike y’u Rwanda, Umulinga Alice n’abandi bayobozi b’Amashyirahamwe atandukanye.
Mu byasobanuwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Uwayezu Jean François Regis ku bijyanye n’umushinga wa “Isonga” icyiciro cya Kabiri, harimo kongera Ibikorwaremezo birimo ibibuga.
Kuri iyi ngingo, Uwayezu yavuze ko hateganywa kubakwa ibibuga 63 bizafasha mu Iterambere rya Siporo ryifuzwa kugerwaho. Uretse kongera umubare w’ibibuga bikinirwaho siporo zitandukanye.
