BREAKING

Imikino

Hakim Sahabo yatangajwe n’ikipe nshya yasinyiye

Ikipe ya AEK Athens, imwe mu zikomeye mu Bugereki, yamaze gutangaza ku mugaragaro ko yasinyishije Umunyarwanda ukina hagati, Hakim Sahabo, amasezerano y’imyaka itatu n’igice azamugeza mu mpeshyi ya 2029.
‎Uyu mukinnyi mpuzamahanga w’imyaka 20, yerekanwe n’iyi kipe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 2 Gashyantare 2026, nyuma yo gusoza ibiganiro no gutsinda ikizamini cy’ubuzima, dore ko yari yageze i Athens mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu.
‎Mu itangazo yanyujije ku mbuba zayo zirimo n’ikinyamakuru cy’ikipe, AEK Athens yagize iti “AEK FC iratangaza ko yasinyishije Hakim Sahabo avuye muri Standard de Liège. Uyu mukinnyi yasinye amasezerano y’imikoranire n’ikipe yacu kugeza mu mpeshyi ya 2029. Hakim, ikaze muri AEK. Turakwifuriza ubuzima bwiza n’intsinzi hamwe n’ikipe yacu y’agatangaza.”
‎Kugira ngo yegukane uyu musore, AEK Athens yishyuye Standard de Liège akayabo ka miliyoni 1,5 z’Amayero (asaga miliyari 2,6 Frw). Uretse aya mafaranga, haniyongeraho ingingo ivuga ko Standard de Liège izahabwa 20% by’amafaranga azava muri uyu mukinnyi igihe yaramuka agurishijwe n’iyi kipe mu gihe kiri imbere.
‎Iyi kipe yagarutse ku mateka y’uyu mukinnyi, ivuga ko Hakim Sahabo yavutse ku wa 26 Kamena 2005 i Bruxelles mu Bubiligi. Yanyuze mu marerero y’amakipe atandukanye yo mu Bubiligi arimo Beerschot, Anderlecht, Genk na Malines, mbere yo kwerekeza muri Lille yo mu Bufaransa mu 2020.
‎Mu 2022, Sahabo yatangiye gukinira ikipe ya kabiri ya Lille (Lille B), maze nyuma y’umwaka umwe yerekeza muri Standard de Liège, aho yatangiye gukinira ikipe nkuru afite imyaka 18.
Muri iyi kipe yo mu Bubiligi, yakinnye imikino 16 y’amarushanwa mbere yo gutizwa muri Beerschot mu gice cya kabiri cya shampiyona ishize, aho yakinnye imikino 15 agatsinda igitego kimwe.
‎Mu mpeshyi ishize, Sahabo yagarutse muri Standard de Liège aba umukinnyi ubanza mu kibuga, aho kugeza ubu muri uyu mwaka w’imikino yari amaze gukina imikino 14 ya Shampiyona.
‎AEK Athens inagaragaza ko Sahabo ari umukinnyi mpuzamahanga w’u Rwanda, igihugu nyina akomokamo, aho amaze guhamagarwa inshuro 10 mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’.
‎Sahabo yerekeje muri AEK Athens mu gihe iyi kipe iri mu bihe byiza, dore ko ari yo iyoboye urutonde rwa Shampiyona y’u Bugereki n’amanota 44 ku munsi wa 18, ibintu biha uyu Munyarwanda amahirwe yo guhita akinira ibikombe no kuzagaragara mu mikino y’i Burayi (UEFA Champions League cyangwa Europa League) mu mwaka utaha w’imikino

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts