BREAKING

AmakuruImikino

FIFA Series: ARUBA yanyagiye MACAU

Aruba yanyagiye Macau ibitego 4-1 muri FIFA Series iri kubera iIkipe y’igihugu ya Aruba yatangiye neza irushanwa rya FIFA Series 2026 riri kubera mu Rwanda, itsinda Macau ibitego 4-1 mu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium.
Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Werurwe 2026, wari uwo gutangiza imikino yo mu Itsinda B, rigizwe n’amakipe ane ahataniye igikombe muri iri rushanwa ritegurwa na FIFA.

Aruba yatangiye umukino iri ku muvuduko wo hejuru

Aruba yinjiye mu mukino ifite inyota yo gutsinda hakiri kare, maze ku munota wa gatanu gusa, Carlito Fermina atsinda igitego cya mbere, ku mupira yari ahawe na Kymani Nedd.
Nyuma y’iminota umunani gusa, Jaybrien Romano yongeye gutsinda igitego cya kabiri ku munota wa 13, akoresheje neza umupira yahawe na Gello Robertha.
Romano yakomeje kwitwara neza muri uyu mukino, atsinda igitego cya gatatu ku munota wa 16, cyabaye icya nyuma mu gice cya mbere, kirangira Aruba ifite ibitego 3-0.

Macau yagerageje kwigaranzura ariko biranga

Mu gice cya kabiri, Aruba yakomeje kugaragaza ubusatirizi bukomeye, iza no gutsinda igitego cya kane cyatsinzwe na Conner van Kilsdonk winjiye mu kibuga asimbuye.
Macau yakoze impinduka nyinshi, ikuramo abakinnyi batandatu icyarimwe, ishaka kongera imbaraga mu kibuga, ariko ntibyabahiriye hakiri kare.
Ku munota wa 87, Leong Ka Hang ni we watsindiye Macau igitego rukumbi, ariko nticyabashije guhindura byinshi ku musaruro w’umukino.

Ibyitezwe mu mikino ikurikiyeho

Uyu mukino warangiye Aruba itsinze ibitego 4-1, ihita igera ku mukino wa nyuma w’Itsinda B, mu gihe Macau izahatanira umwanya wa gatatu.
Indi mikino iteganyijwe ni uzahuza Tanzania na Liechtenstein, na wo uteganyijwe kubera kuri Kigali Pele Stadium, mu rwego rwo gukomeza iri rushanwa rya FIFA Series 2026.

Leave A Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts